Banya-Muhanga, abatuye Ruhina, mu cya kabiri, mu kivoka, Kamazuru, Gihuma, Ku ifatima, mucya Nyabisindu, za Byimana, Kabgayi, Mbare, mu Rugano, Gahogo, Karama na Nyarusange, erega simwe gusa!, banyakamonyi, banya Ruhango ndetse n’abanyaKigali, abavuye imihanda yose, mbazaniye inkuru nziza!!!
Umaze igihe warihebye, utazi icyerecyezo cy’ubuzima bwawe ndetse rimwe na rimwe ukumva wakwiyahura kubera ubuzima bubi unyuramo? Humura utabawe n’umugabo utanga ubuzima ariwe Yesu Kristo. Ushobora kwibaza uti ’ese dutabawe ryari, bizanyura mu zihe nzira?’
Ni mu giterane cy’ivugabutumwa cyateguwe n’umwami Yesu Kristo, akoreye mu muvugabutumwa witwa Evangelist Egidie Uwase uturuka mu gihugu cya Kanada ku bufatanye n’itorero rya Anglican Paroisse ya Gitarama riherereye mu cya kabiri.
Ni umugisha ukomeye ku banyarwanda kwakira iki giterane ndetse no kwakira uyu muvugabutumwa Ev Egidie Uwase usanzwe azwiho kugira ishyaka ry’umurimo w’Imana, aho yirundumuriye mu kuzana abantu ku mwami Yesu Kristo kugira ngo babonere ubugingo muri we.
Ibi bihura n’ibyo Yesu Kristo ubwe yabyivugiye mu butumwa bwiza bwanditswe na Yohana 10:10 ati "Ariko njyeweho nazanywe no kugira ngo zibone ubugingo, ndetse ngo zibone bwinshi". Ni nayo mpamvu iki giterane cyahawe insanganyamatsiko ivuga ngo "Abundant life in Christ".(Kubonera ubugingo bwinshi muri Yesu Kristo).
Mu kiganiro na Paradise.rw, Ev Damascene Twiringiyimana umuhuzabikorwa w’iki giterane yagize ati "Twateguye iki giterane dufite intego yo kwagura ubwami bw’Imana, abatarihana bakire agakiza ndetse abanyamibabaro bishime, kandi abari bafite ibikomere byomorwe na Yesu Kristo, kuko ari we womora intimba z’abafite imitima itentebutse".
Yakomeje ati: ”Ugendeye ku mitegurire y’iki giterane, abazakitabira bazahemburwa nacyo, kuko intego yacu ari ukugira ngo ubutumwa bwiza bugere kure, kandi buhindure abantu bakire agakiza kandi n’imitima itentebutse isubizwemo imbaraga;
Ari nayo mpamvu twatumiyemo abavugabutumwa batandukanye kandi bose bafite ijambo ry’Imana rizima n’amavuta batabwiriza ubutumwa bwiza bashaka ko bukora icyo bashaka mu mitima y’ababwumva, ahubwo bashaka ko ryo rikora icyo Imana ishaka mu mitima y’abantu bayo".
Iki giterane mbonekarimwe kikaba giteganyijwe kuva tariki ya 22-23/07/2023, kikazajya gitangira Saa tanu kugeza Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. Kizajya kibera ahitwa Sion.
Dr.Bishop Jerad Karimba Musenyeri wa Dioseze ya Anglicani Shyogwe, Pastor Niyoncuti Theogene uzwi nka Inzahuke ndetse na Ev Singirankabo Boniface usengera mu itorero rya ADEPR Nyarugenge, nibo bazagabura Ibyanditswe Byera.
Itsinda ryitwa Power of The Cross, Abahanzi Yves Rwagasore kuri ubu urimo gutegura urugendo rw’ivugabutumwa mu gihugu cy’u Burundi ndetse na Wellars uzwi ku izina rya Mbereka bategerejwe muri iki giterane.
Kwinjira ni Ubuntu ugatahana ibyiringiro bizima no gusubizwamo imbaraga. Paradise.rw tuti"Aho kuhabura waburara".
Ev. Egidie Uwase utuye mu gihugu cya Kanada niwe wateguye iki giterane
Dr.Bishop Jerad Karimba Musenyeri wa Dioseze ya Anglicani Shyogwe azitabira iki giterane