× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Ndi mu ijuru rito: Nyuma yo gukora ubukwe, Mukobwa wa Yesu yasohoye indirimbo nshya

Category: Rwanda Diaspora  »  3 months ago »  Ev. Frodouard Uwifashije [Obededomu]

Ndi mu ijuru rito: Nyuma yo gukora ubukwe, Mukobwa wa Yesu yasohoye indirimbo nshya

Umuramyi "Nathalie Morre" uzwi nka "Mukobwa wa Yesu" yongeye kumanura Inanga aririmbira Kristo indirimbo y’igifaransa Yise "La victoire de ma vie". Iyi ndirimbo ivuga ku butsinzi bwe akesha Kristo.

Mu kiganiro na Paradise, Mukobwa wa Yesu yagize ati: "Muri iyi ndirimbo nashakaga kubwira abantu ko ubutsinzi bwanjye ari Yesu Kristo. Nyuma yo kunyura mu butayu, iyo Yesu ariwe uyoboye urugamba, ururangiza ufite intsinzi. Ikindi ni uko agatsiko k’abanzi kasenyutse maze ihema ryanjye rikeguka."

Nyuma yo gukora ubukwe, Nathalie Morre ari mu ijuru rito

Tariki ya 25 Ukwakira 2025 ni bwo uyu muramyi yakoze ubukwe bw’agatangaza n’umukunzi we Patient. Ni mu birori byuje ubwuzu byabereye ku irebero ahazwi ku izina rya Golden Garden (gusaba no gukwa no kwakira abitabiriye ibirori) mu gihe gusezerana imbere y’Imana byabereye mu rusengero rwa Noble Family Church Kagugu aho aba bombi basengera.

Avuga uko amerewe nyuma yo gukora ubukwe, Mukobwa wa Yesu yagize ati: "Nyuma yo gukora ubukwe meze neza pe, ndi mu ijuru rito kandi ndashima Yesu Kristo."

Ni umwe mu baramyi bagize ubukwe bwiza.

Abitabiriye ubukwe banyuzwe n’udushya twabereye muri ubu bukwe. Benshi bashimishijwe bikomeye n’uburyo bwari ubukwe bwubakiye ku muco nyarwanda ndetse n’uw’u Burundi dore ko bwaranzwe n’imbyino n’indirimbo gakondo ndetse n’ingoma z’indundi zikunzwe cyane muri aka karere.

Benshi bashimishijwe n’itorero ry’abarundi ryasusurukije abageni aho banaririmbaga indirimbo z’abahanzi batandukanye nka Bosebabireba n’iz’amakorali akomeye.

Nathalie Morre n’umukunzi we ubwo basezeranaga mu Murenge

Ibyishimo byari byinshi kuri aba bombi

Itorero asengeramo rya Noble Family Church ryashyigikiye bikomeye ubukwe bwe dore ko benshi mu bakristo baryo bitabiriye ibi birori.

Amashusho meza y’iyi ndirimbo ye nshya yatunganyirijwe muri ubu bukwe. Avuga ku muziki we nyuma yo gukora ubukwe, Nathalie Morre ati: "Nyuma yo gukora ubukwe, urugendo rwa Muzika rurakomeje, n’ubundi nkomeje kwizera kuyobora na mwuka wera nk’uko byahoze’’.

Mu kinyarwanda cyiza, Mukobwa wa Yesu yasabiye umugisha abanyarwanda

Uyu muramyi azwi cyane mu ndirimbo nka Waca he, Waje uri umugisha, Mukobwa wa Yesu, Intebe y’ubwami n’izindi.

Mu rugo rushya rw’abageni ni karibu.

Ni umwe mu baririmbyi bafite ijwi ryiza kandi baririmba neza. Gusa akaba azwiho gukora indirimbo akazagaruka abakunzi be baramukumbuye. Uyu muramyi atuye mu gihugu cy’u Bubiligi dore ko se ariho akomoka mu gihe mama we yari umunyarwandakazi.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.