Christian charity CARE ivuga ko mu Bwongereza ’umwana w’ababyeyi batatu’ bwa mbere bibayeho, byarenze umurongo ngenderwaho w’imico n’imigenzereze imenyerewe muri sosiyete.
Umuryango w’abakirisitu wavuze ko uhangayikishijwe n’umutekano n’imyitwarire y’ibinyabuzima bishya nyuma y’ivuka ry’umwana wa mbere mu Bwongereza ufite ADN y’abantu batatu.
Mitochondrial Donation Treatment (MDT) ikoresha mitochondriya nzima itangwa n’umuterankunga w’umugore kandi igamije gukumira kwanduza indwara zidakira ziva ku babyeyi zijya ku bana.
James Mildred, wo mu muryango w’abakristu witwa Christian Charity CARE, yavuze ko kuza kwa MDT "ari byo bitera impungenge" kandi ko "umurongo ngenderwaho wa muntu warenzweho.’’
Yavuze ko hari ibibazo byinshi bijyanye n’ingaruka zo mu mutwe ku bana no kumenya niba iterambere rya MDT rishobora gutera "impinja zahanzwe n’abana".
Ati: "Ibimenyetso byerekana ko kwimura ADN iva mu muntu umwe ijya mu wundi cyangwa zihurizwa mu wundi muntu bitizewe kandi bishobora kugira ingaruka ku gisekuru kizaza."
"Ubuhanga bukoreshwa kandi buganisha ku gusenya insoro z’umuntu, zitera kwibaza ibibazo byinshi." Hariho ibibazo bikomeye by’ukuntu abana bazagirwaho ingaruka n’ibi. Urugero, nta muntu n’umwe uzi uko umwana azakira ko afite ababyeyi batatu.
"Ikoranabuhanga mu binyabuzima rikoreshwa, mu gihe rifite intego nziza muri uru rwego, naryo rizamura ibibazo byinshi byibazwaho, kandi icy’ingenzi giteye benshi impungenge ni ibisekuru by’abantu mu gihe kizaza.