Nubwo James na Daniella batumiwe n’itsinda rikomeye i Burundi, ariko ntiwabura guhamya ko ari bo bihishe inyuma yo kuba amatike ahenze y’igitaramo batumiwemo yashize, ayo akaba ari aya VIP ndetse na VVIP.
Kuwa Gatatu ni bwo James na Daniella bageze i Burundi bitabiriye igitaramo "Yangiriye neza Concert" cya Redemption Voice kiba kuri uyu wa Gatanu tariki 23/12/2022 kuri Jardin Public. Iki gitaramo gitegerejwe n’Abarundi benshi bitewe n’ubuhanga bw’aba baririmbyi bagize Redemption Voice ukongeraho no kuba baratumiye Jamesna Daniella.
Kwinjira muri iki gitaramo kiba mu ijoro ry’uyu wa Gatanu, muri VVIP ni ibihumbi 800 y’amafanga akoreshwa mu Burundi, ibihumbi 50 BIF muri VIP ndetse na 10,000 BIF mu myanya isanzwe. Kubera amashyushyu benshi bafitiye iki gitaramo, amatike yo mu myanya y’icyubahiro yashize nk’uko Paradise.rw ibikesha ubuyobozi bwa Redemption Voice.
David Tresor, umuhazi ukomeye utuye muri Australia ariko ukomoka i Burundi, ni umwe mu bafitanye amateka maremare na Redemption yatumiye James na Daniella. Yanditse kuri Facebook ati "Redemption Voice twarakoranye muri Concert Yanjewe ya mbere yakoze Odeon Palace
Barashoboye gukora neza cane rero Uko imyaka igenda niko bagenda bakora neza bishimishije.
Ku myaka 15 muri mu gikorwa sikintu coroshe, nubuntu bw’Imana. Vyukuri Yesu Yarabagiriye neza. Imana izobane namwe le 23 Decembre bagenzi ndizera ko Abarundi bazobashigikira kandi bizoba vyiza cane. Imigisha myinshi".
Redemption Voice yateguye iki gitaramo icyitirira indirimbo yabo ikunzwe cyane yitwa "Yangiriye neza" imaze kurebwa n’abarenga ibihumbi 170 kuri Youtube. Aba baririmbyi bazwi mu ndirimbo zitandukanye zirimo na "Hallelujah" baherutse gukorana na Apotre Apollinaire.
James na Daniella bamamaye mu ndirimbo "Mpa amavuta", ni ubwa mbere bagiye gutaramira i Burundi. Igikundiro cyinshi bafite cyatumye abantu bagura amatike ku bwinshi, kugera aho aya VIP na VVIP ashira yose. Bataramiye i Burundi nyuma yo kuva i Burayi aho baririmbye mu bihugu bitandukanye.
Bazava i Burundi bahita baza i Kigali mu gitaramo cy’imbaturamugabo batumiwe na Israel Mbonyi, kizaba kuri Noheli tariki 25/12/2022 muri BK Arena. Kizaririmbamo Mbonyi, James na Daniella, Danny Mutabazi na Annette Murava.
Kuba bahorana ubutumire kandi mu bitaramo bikomeye yaba mu Rwanda, Burundi n’i Burayi, ni gihamya y’uko James na Daniella bakunzwe pe. Biragoye kubona uwateguye igitaramo gikomeye mu Karere ntatumire aba baramyi. Paradise iherutse kwandika ko na Mbonyi iyo atabatumira ubanza yari kuzabibazwa na bamwe mu bakunzi b’umuziki wo kuramya Imana.
James na Daniella ku butaka bw’i Burundi
Igitaramo batumiwemo
Amatike ahenze yashize