Amasomo dukura mu gitabo cya Esiteri - 3.
Mu yandi masomo nize harimo ko Imana ari ubuhungiro bwizewe. Natekereje “situation” cyangwa ibihe abayuda barimo gucamo mu gihe cya Esiteri, numva biteye ubwoba.
Dore bimwe mu byo nibutse: Abantu banzwe na Minisitiri w’Intebe (Hamani); Uyu wabanze aravuga rikijyana, yarangije kubyemeza Umwami, Itegeko ryo kwica Abayuda bose ryasohotse, IGITI Moridekayi amanikwaho cyashinzwe….
Inkuru yabaye kimomo ko ubwoko bw’abayuda bwatanzwe ngo bupfe… barimo kuburira abantu basa nabo kwitandukanya nabo kugira ngo batabigenderamo…
Esiteri wagombaga kubavuganira amaze iminsi 30 ategera Umwami. Ntashobora kumwegera atahamagawe ngo areke kwicwa, inzuzi (indagu) za Puri zemeje ko barimburwa! ….
Ibyo byose ni ukuri ARIKO MU IJURU NAHO HARI IMANA!
Nibutse iri Jambo (Imigani 18:10) rivuga ngo “Izina ry’Uwiteka ni umunara ukomeye, Umukiranutsi awuhungiramo, agakomera.”
Wowe uhungira he iyo byakomeye?
Ngufitye inkuru nziza: Imana ya Esiteri, Moridekayi n’Abayuda niyo Mana dusenga. No munsi ya Zero irakora!
Mugire umunsi mwiza!
Iyi nyigisho yateguwe na Bishop. Dr Fidele Masengo