Abakristo ku isi yose basabwe gusengera Abakristo bahohoterwa muri Nijeriya, aho ibihumbi byicwa n’abandi miliyoni bakimurwa kubera amakimbirane y’ubukungu, amoko n’amadini.
Mu gihe isi ikomeje kugaragaramo umutekano muke n’intambara zishingiye ku madini, igihugu cya Nijeriya kimaze kuba kimwe mu by’ibanze bigaragaramo ihohoterwa rikabije rikorerwa Abakristo.
Nk’uko byagarutsweho n’impuguke Lanre Williams-Ayedun, umuyobozi mukuru muri World Relief, abantu ibihumbi n’ibihumbi bamaze kwicwa, abandi barenga miliyoni 15 bakaba barimuwe bitewe n’icyo yise “toxic cocktail” — ihuriro ry’ubukene, ruswa, ubusumbane n’ivangura rishingiye ku madini.
Williams-Ayedun asobanura ko ikibazo cya Nijeriya kidashingiye gusa ku madini, ahubwo ko ari uruvange rw’imiyoborere mibi, ubukene bukabije, n’ingaruka z’ihindagurika ry’ikirere zituma aborozi bo mu majyaruguru bimukira mu bice bituwemo n’Abakristo bashaka amashyamba n’amazi. Ibi byatumye habaho intambara hagati y’abahinzi n’aborozi, bikurura urwango rufite n’impamvu zishingiye ku iyobokamana.
Nk’uko raporo ya Intersociety ibivuga, abarenga miliyoni 15 bamaze kwimurwa, kandi umuryango Open Doors utangaza ko 3,100 mu Bakristo 4,476 bishwe ku isi mu mwaka ushize ari abo muri Nijeriya. Abandi 2,830 bashimuswe bazira ukwizera kwabo.
N’ubwo guverinoma ivuga ko ibi bibazo bifitanye isano n’amakimbirane asanzwe hagati y’aborozi n’abahinzi, abasesenguzi mpuzamahanga benshi bavuga ko habamo n’uruhare rwa jenoside ishingiye ku madini.
Williams-Ayedun yibutsa ko ikibazo cya Nijeriya gikeneye gusobanurwa mu buryo burimo n’amateka ya gikoloni yasize igihugu kiciyemo imipaka ishingiye ku moko n’amadini atandukanye.
Ashishikariza Abakristo bo mu bihugu bifite amahoro kudatekereza ko iki kibazo gisa n’icyoroheje, ahubwo bakarushaho gusenga no guharanira amahoro ku bavandimwe babo. Avuga ko mu gihe abantu bo hanze baba bashyizeho igitutu, guverinoma ya Nijeriya ishobora gufata ingamba zikomeye mu kurengera abaturage bayo.
Abanyanijeriya benshi basaba amasengesho, kuko bazi neza ko “tutarwana n’abantu, ahubwo ko turwana n’imbaraga z’umwijima” nk’uko bivugwa mu Befeso 6:12.
Ku bw’ibyo, Abakristo bo ku isi yose barahamagarirwa gusengera abari mu mibabaro, kubibuka nk’abavandimwe mu kwizera, no guharanira ubumwe bw’abizera aho bari hose.
Ifoto yafashwe igaragaza itsinda ry’abahinzi b’Abakristo bo mu bwoko bw’Abadara ryateraniye ku muryango w’urusengero nyuma y’ibikorwa by’amasengesho yo ku Cyumweru, mu rusengero rwa Ecwa Church ruherereye Kajuru, muri Kaduna State, muri Nijeriya, ku itariki ya 14 Mata 2019.