× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Buri Mudive yemerewe kuyiririmbamo! Ibyihariye kuri Korali Redenti Illemuscus yateguje "Nebukadinezari"

Category: Choirs  »  December 2023 »  Alice Uwiduhaye

Buri Mudive yemerewe kuyiririmbamo! Ibyihariye kuri Korali Redenti Illemuscus yateguje "Nebukadinezari"

Redenti Illemuscus ni umutwe w’abaririmbyi bakorera i Rusororo mu karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Redenti Illemuscus yanditswe ku itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi rya Gako, mu Ntara y’Ivugabutumwa ya Rusororo.

Redenti Illemuscus bateguje indirimbo nshya yitwa "Nebukadinezali", izakurikirwa n’amashusho yayo mu kwezi gutaha mu umwaka wa 2024. lbihangano by’iyi korali birakundwa cyane kuko biba bikoranye ubuhanga ndetse n’amajwi meza.

Redenti Illemuscus ni tsinda ryatangiye mu kwezi kwa 12 (UKuboza) muri 2019 - ni bwo ryashinzwe. Nk’uko izina ryabo Illemoscus ribisobanura, ni abaririmbyi biyemeje gukora umurimo w’ivugabutumwa binyuze mu kuririmba, bakaba baratangiye ari abaririmbyi 12 none ubu bakaba bamaze Kuba 18.

Nk’ uko Jean Luc Uwiduhaye, umutoza w’iri tsinda yabitangarije Paradise, yagize ati "Twararebye dugasanga ari ngombwa ko hatangizwa itsinda nk’iryo ryiganjemo abakiri bato rizajya rikorera mu ntara yose aho gukorera ku itorero rimwe gusa kugira ngo barusheho gusakaza ubutumwa bwiza ku bantu b’Imana".

Redenti Illemuscus babarizwa i Rusororo, gusa nubwo babarizwa aho ariko ntabwo iririmbamo abaririmbyi bo kuri iryo torero gusa ahubwo umwizera wese ubarizwa mu Badive yemerewe kuba yayiririmbamo.

REBA INDIRIMBO Y’ABA BARIRIMBYI YITWA "UMUSAMARIYA"

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.