× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Israel irabikesha Imana kuba Benjamin Netanyahu aje ku rutonde rw’abantu 100 bakomeye ku isi muri 2026

Category: Leaders  »  1 hour ago »  Jean D’Amour Habiyakare (Amourkare)

Israel irabikesha Imana kuba Benjamin Netanyahu aje ku rutonde rw'abantu 100 bakomeye ku isi muri 2026

Ikinyamakuru Time cyongeye gushyira Benjamin Netanyahu, Minisitiri w’Intebe wa Israel, ku rutonde rw’abantu 100 bakomeye cyane ku isi mu mwaka wa 2026.

Ni ku nshuro ya gatanu ashyizwe kuri uru rutonde, rugaragaza abantu bagize uruhare rukomeye mu bibera ku isi mu bya politiki, ubukungu, iyobokamana n’umutekano.

Time yavuze ko Netanyahu yari ari gushinjwa “ikosa rikomeye cyane ry’umutekano igihugu cye cyagize mu mateka yacyo,” bijyanye n’igitero cya Hamas cyabaye ku itariki ya 7 Ukwakira 2025. Nubwo bimeze bityo, iki kinyamakuru cyagaragaje ko yaje kongera kwigarurira icyizere cya politiki nyuma y’ibihe bikomeye.

Icyo kinyamakuru kandi cyavuze ko intambara Israel yagize muri Libani no muri Iran, hamwe no kurekurwa kw’abari barafashwe bunyago, byatumye Netanyahu arushaho gukomera imbere y’abaturage ba Israel.

Icyakora, Time yanagaragaje ko izo ntambara ndetse n’iyagurwa ry’imiturire ya Israel bishobora “guhindura nabi imyumvire y’amahanga,” bikaba byaranagabanyije inkunga ye cyane cyane mu rubyiruko rwo muri Amerika.

Mu rwego rw’imyemerere n’iyobokamana, hari ababyakiriye mu buryo bwo gushyigikira Netanyahu bavuga ko ari intwari irwanira idini n’umuco, bakamushimira bavuga ngo “Keep the amazing work!”, ngo komeza akazi keza, ndetse abandi bakamwita “king ,” umwami, bavuga ko arimo kurwanira idini n’umuco we.

Hari n’abamushyigikiye bo mu yandi madini bavuga ko bamushyigikiye nk’uwubaha ukwemera kwe, aho umwe yavuze ko “Yosuwa, Imana, Yakobo na Israel nk’igihugu bazahora bamurinda kandi bamuhesha umugisha”.

Mu rwego rw’iyobokamana n’imyemerere, abantu babifata mu buryo butandukanye cyane, bamwe babifata nk’ubutumwa bwo kurinda ukwemera, abandi bakabibona nk’ikibazo cya politiki giteza amakimbirane.

Gushyirwa kwa Netanyahu kuri uru rutonde rwa Time kugaragaza ko akomeje kugira uruhare rukomeye muri politiki mpuzamahanga, nubwo ibikorwa bye bitavugwaho rumwe.

Benjamin Netanyahu yaje ku rutonde rw’abantu 100 bakomeye ku isi muri 2026

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.