Ku mugoroba wo gutangiza inama rusange ya World Evangelical Alliance (WEA) yabereye i Seoul muri Koreya y’Epfo, Pasiteri Rick Warren yatanze ubutumwa bukomeye bugenewe abashumba n’abayobozi b’amatorero baturutse hirya no hino ku isi.
“Ntukamamaze ubutumwa bwa Yesu gusa; wigire ku buryo yakoraga — sangiza ubutumwa bwiza abakene, abarwayi, n’abafite imitima imenetse nk’uko yabigenzaga; saba nk’uko yasengaga; kandi wubake itorero nk’uko yarubakaga.”
Iyi nama ya 14 y’ihuriro rya WEA ifite insanganyamatsiko igira iti: “Ubutumwa bwiza kuri bose bitarenze 2033.” Intego yayo ni uko mu myaka umunani isigaye ngo hizihizwe imyaka 2000 Kristo apfuye akazuka, ubutumwa bwiza buzaba bwarageze ku muntu wese ku isi.
Rick Warren, umushumba washinze Saddleback Church n’umwanditsi w’ibitabo byamamaye ku isi, yari yatumiwe kuyobora amasomo ya Bibiliya buri munsi muri iyi nama yamaze iminsi itanu.
Buri munsi waranzwe n’insanganyamatsiko zitandukanye: Kuba mu Butumwa, Gutangaza Ubutumwa, Guhagararira Ubutumwa, no Kwizihiza Ubutumwa.
Ku munsi wa mbere, Warren yibukije abashumba urukundo rw’Imana ku bantu bose, agira ati: “Imana ntiyigeze irema umuntu itamukunda, kandi nta n’umwe yigeze ishaka ko atayimenya.”
Yongeye gushimira abateguye inama, barimo Dr. John Oh, Dr. Goodwill Shana, Botrus Mansour n’abandi bagize komite nyobozi, ku kuba barahaye abavugabutumwa urubuga rwo gusangira amasengesho n’ubushishozi ku cyerekezo cy’itorero ku isi.
“Ntukamamazemo ubutumwa gusa — wigire ku buryo Yesu yabukoragamo”
Rick Warren yasabye amatorero gukurikiza uburyo Yesu ubwe yakoragamo umurimo.
Ati: “Simbyitirira uburyo bw’Abanyamerika cyangwa ubw’Abanyaburayi. Niba ihame rishingiye ku Ijambo ry’Imana, rikora hose — ridafite umuco runaka. Ijambo ry’Imana rihoraho kandi niryo cyitegererezo cyiza kurusha ibindi.”
Yasobanuye ko Bibiliya igaragaza uburyo butatu bushingiye ku Byanditswe bwo kwamamaza ubutumwa. Uburyo bwa Yesu Kristo ubwe, Uburyo bw’Itorero rya mbere i Yerusalemu,
N’uburyo bwa Pawulo intumwa.
Yisunze Yohana 12:49, Warren yibukije amagambo ya Yesu agira ati: “Sinavuga ku bwanjye, ahubwo Data wantumye ni we wantegetse ibyo mvuga n’uko mbivuga.”
Warren yongeyeho ati: “Impamvu nyamukuru ituma nyuma y’imyaka 2000 tutararangiza ubutumwa bwo ku isi ni iyi: tuzi ibyo tuvuga, ariko ntitubivuga nk’uko Yesu yabivugaga.”
Ibice bitanu byaranze umurimo wa Yesu ku isi
Rick Warren yasobanuye ibice bitanu by’ingenzi byaranze umurimo wa Yesu, asaba abapasiteri kubizirikana: Kwamamaza ubutumwa (Preaching); Gutoza abigishwa (Teaching); Gukiza no gufasha abarwayi (Healing); Gusenga (Praying) no Gushinga amatorero mashya (Building the Church)
Mu rwego rwo gufasha abari muri Amerika kubyibuka, yabihurije mu ijambo rimwe PEACE:
P – Pass on the Good News
E – Equip Disciples
A – Alleviate Suffering
C – Continually Pray
E – Establish New Churches
Ati: “Kwigisha, kwamamaza, gusengera, gukiza no kubaka itorero — ibi ni byo Yesu yakoze kenshi kandi buri torero, rito cyangwa rinini, ribishobora.”
Urugero rw’Itorero rya mbere
Warren yibukije abari aho ko itorero rya mbere ryakuze vuba cyane hagati ya 33 n’iyindi myaka 360 nyuma ya Kristo. Avuga ko ryatangiriye ku bantu 120 basengaga mu cyumba cyo hejuru, ariko mu myaka 300 yakurikiyeho, abari barakiriye Kristo bari bamaze bagera hafi kuri 30 miliyoni — kimwe cya kabiri cy’Ubwami bw’Abaroma icyo gihe. Ati: “Bageze kuri icyo kigero kuko bakurikije uburyo Yesu yatozaga abigishwa be.”
Gukurikiza urugero rwa Yesu no kurangiza ubutumwa bwo ku isi
Mu gusoza, Pastor Rick Warren yasabye abashumba kongera kwiyemeza kubahiriza itegeko rikuru rya Yesu. “Ntimwigane Yesu mu byo yavugaga gusa, ahubwo no mu buryo yabikoragamo. Sangiza ubutumwa nk’uko yabukoraga, saba nk’uko yasengaga, kandi wubake itorero nk’uko yarubakaga.”
Yarangije avuga ati: “Niba hari ikintu gikomeye kurusha gukurikiza urugero rwa Yesu ushobora gukora mu buzima bwawe, hindukira utubwire. Jyewe nahisemo kera kudapfusha ubusa ubuzima bwanjye — nihaye Kristo, ndamukorera kandi ngerageza kumwigana. Nimumfashe muri uru rugendo rwo kurangiza ubutumwa.”
Src: Gospel Herald