× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Umuryango w’abakristo wiciwe muri Texas urashwe usiga umwana w’imyaka 6

Category: Amakuru  »  May 2023 »  KEFA Jacques

Umuryango w'abakristo wiciwe muri Texas urashwe usiga umwana w'imyaka 6

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa GoFundMe, Cindy na Kyu Cho hamwe n’abana babo, William w’imyaka 6 na James w’imyaka 3, bari ku isoko rya Allen Premium Outlets ku gicamunsi cyo ku wa gatandatu ubwo umuntu witwaje imbunda yarasaga, ahitana byibuze abantu umunani, barimo abana, abandi barindwi barakomereka.

Cindy, Kyu na James bari mu bahitanywe n’iriraswa. William yarakomeretse ariko nyuma arekurwa ava muri ICU nk "umunyamuryango wenyine warokotse ubu bugizi bwanabi."

Nk’uko ikinyamakuru Dallas Morning News kibitangaza, ngo ambasade ya Koreya y’Epfo yemeje ko uyu muryango ari Abanyakoreya-bAbanyamerika, yongeraho ko bose bari bafite ubwenegihugu bwa America.

Bivugwa ko umuryango wa Cho witabiriye New Song, mu itorero ry’Ababatisita bo muri Koreya i Carrollton, umujyi uherereye nko mu bilometero 10 mu majyaruguru ya Dallas.

Mu gihe umuvugizi wa New song atashoboye kwemeza ko umuryango wa Cho witabiriye ibikorwa by’iryo torero, umuvugizi yavuze ko "barimo kwitegura" gukora imihango yo gushyingura kandi ko bazatangaza andi makuru namara yizewe ku mugaragaro.

New song ni umuryango umwe mu bagize ubumwe bw’Ababatisita y’Amajyepfo kandi ashyigikiye Ukwizera n’Ubutumwa bw’Ababatisita, nk’uko urubuga rwabo rwa interineti rubitangaza.

Umuyobozi mukuru wa PCA, Dr. Mike Goddard, yagize ati: "Mu byukuri, twababajwe cyane n’amakuru y’iraswa ryabereye i Allen, muri Texas, kandi dushobora kwemeza ko byagize ingaruka ku muryango hano muri PCA." "Kimwe mu bintu dukeneye bikomeye cyane mu kugira itorero n’ishuri ni uko dushingiye ku muryango kandi twishingikiriza ku Mana mu bihe nk’ibi."

Pasiteri w’itorero rya Prestonwood, Jack Graham, yasabye itorero rye "kuba Itorero" kandi bakomeza gusenga no gukorera umuryango ndetse n’abaturage bagizweho ingaruka n’ iri raswa.
Graham yagize ati: "Uyu muryango mwiza, batatu muri bane ubu bari mu Ijuru, n’umwana wasizwe inyuma, akeneye itorero no kwitabwaho n’abakristu ndetse n’abaturage bacu bose bakeneye ibi."

"Tuzakomeza gukunda no gukorera uyu muryango, tuzaba duhari mu mibereho yabo basigaje."
Umwarimu wita ku bana yabwiye ABC News ishami rya WFAA yibuka James nkumwana "mwiza kandi uzi ubwenge."

Ntabwo rwose nigeze mpura n’umwana w’imyaka 3 wari ufite ubwenge nka James. ... Yandikaga izina rye bwite, "ibi byakuwe mu byo Trinity Whitley yabwiye WFAA." Yari umwana mwiza cyane kandi burimunsi tuzajya tumubura. Kandi nta munsi uzarangira tutamutekerezaho. "

Ku ya 6 Gicurasi, umuryango wa Cho wari mu bantu umunani bishwe n’umuntu witwaje imbunda witwa Mauricio Garcia ku isoko rya Allen.

Abatangabuhamya bo muri iryo duka babwiye ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika ko babonye abantu benshi bahohotewe, barimo bamwe basaga nkabana. Batangaje kandi ko babonye umupolisi n’umuzamu bari hasi bakubiswe basa nkabataye ubwenge.

Nibura abantu icyenda bari mu bitaro nyuma yirisanganya, abahuye nikikiza bafite imyaka iri hagati ya 5 na 61, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa medical city health care, akaba ari ikigo gikubiyemo ibigo bitatu biri kwita ku nzirakarengane zahuye n’iri hohoterwa.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.