× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Paradise yashimiwe na The Changer’s Ministries mu gitaramo cyahuje amakorali akomeye i Nyarugenge

Category: Choirs  »  4 hours ago »  Nelson Mucyo

Paradise yashimiwe na The Changer's Ministries mu gitaramo cyahuje amakorali akomeye i Nyarugenge

Ku Cyumweru tariki ya 14 Kamena 2026, kuri UEBR Church Nyarugenge, habereye igitaramo gikomeye cyateguwe na The Changer’s Ministries Rwanda cyahuje amakorali n’abaramyi batandukanye barimo Injili Bora ndetse na Cornerstone Choir.

Ni igitaramo cyaranzwe n’ibihe by’ivugabutumwa rikomeye, kuramya no guhimbaza Imana, aho abakristo n’abitabiriye bagaragaje ibyishimo byinshi mu muziki wubaka.

Itangazamakuru ryashimiwe uruhare mu kuzamura Gospel

Muri iki gitaramo, hatanzwe ibihembo bitandukanye, aho itangazamakuru ryashimiwe cyane uruhare ryarwo mu guteza imbere urwego rwa Gospel mu Rwanda binyuze mu kumenyekanisha ibikorwa by’abaramyi n’ibiterane bitandukanye.

Muri byo, ikinyamakuru Paradise.rw cyahawe igihembo cyihariye kubera ubufatanye bwacyo mu kumenyekanisha ibikorwa bya The Changer’s Ministries Rwanda no gufasha ubutumwa bwiza kugera kure.

Igihembo cya Paradise.rw cyakiriwe na Nelson Mucyo, umwe mu bayobozi ba Paradise akaba n’umwe bagize itsinda ry’abanditsi n’abanyamakuru bafasha mu itangazamakuru rya Gospel.

Abandi bahawe ibihembo n’ishimwe barimo Itorero rya UEBR, ba Reperezantant batatu ba The Changer’s Ministries, abaririmbyi babiri bo muri The Changer’s Ministries, amakorali abiri yatumiwe na MC Nelson Mucyo, bose bashimiwe uruhare bagize mu guteza imbere no gushyigikira umurimo w’ivugabutumwa.

Ijambo ry’Imana muri iki gitaramo ryatanzwe na Evangelist Boniface, aho yashishikarije abitabiriye gukomeza gukorera Imana mu kuri no mu Mwuka, anibutsa akamaro k’ubumwe mu murimo w’ivugabutumwa.

Iki gitaramo cyasojwe mu mwuka mwiza w’ivugabutumwa, gishimangira ubufatanye hagati y’amakorali, amatorero n’itangazamakuru mu guteza imbere Gospel mu Rwanda.

Paradise.rw yahawe igihembo cyihariye ku bwo gushyigikira umurimo w’Imana

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.