David Harper, umunyamakuru wa televiziyo wamenyekanye cyane kuri BBC, yatangaje ko yabonye Yesu nyuma y’urugendo rurerure yatangiye akiri umuntu wiyitaga “agnostic” (utemera cyangwa utemera ko Imana ibaho).
Harper yavuze ko yakuriye mu muryango utari uw’idini, nubwo wari ufite indangagaciro zikomeye zishingiye ku myumvire ya sekularisimu. Yagize ati: “Mu buzima bwanjye bwa mbere, Imana ntiyigeze igira umwanya.” Ibyahinduye byose ni ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe cy’umukobwa we, Hetti.
Umukobwa wahuye n’agahinda gakomeye
Hetti, ubu ufite imyaka 30, yahuye n’ihungabana rikomeye mu buzima bwo mu mutwe, cyane cyane amaze kwimukira i Londres afite imyaka igera kuri 20. Se yavuze ko yamaze imyaka myinshi arwana n’agahinda gakabije (depression) ndetse akagira n’ingeso zo kwikomeretsa.
Nubwo yagerageje imiti igabanya agahinda no kwitabira ibiganiro by’ubujyanama, nta kintu cyamufashaga. Harper yibuka ko mu buryo butaziguye bamubwiye ko nta kindi bakimufasha, bakamugira inama yo gushaka ubundi bufasha bwo mu mwuka.
Icyo gihe, Hetti yatangiye kujya mu rusengero anatekereza kwakira agakiza. Nubwo se atari umwizera, yishimiye kubona umukobwa we ari mu nzira imutera ibyishimo.
Mu gihe cy’amezi 15 yamukurikiraga, Harper yavuze ko yabonye impinduka zitangaje. Yongeye kumva umukobwa we aseka, arishima—ikintu yari amaze igihe kinini atabona.
Mu bihe bya Noheli ya 2024, Harper yafashe icyemezo cyo gutangira ubushakashatsi ku bukristo. Yari afite ikibazo kimwe cy’ingenzi: “Ni iki mu bukristo gihindura abantu gutya?”
Yatekerezaga ko azabona igisubizo mu masaha make, ariko byaje kumutwara amezi 11 akora ubushakashatsi buri munsi, asoma, asesengura, yiga ku mateka n’ibimenyetso bya siyansi byerekana ko Imana ibaho.
Yasesenguye cyane inkuru y’izuka rya Yesu, asuzuma n’impamvu zimaze imyaka ibihumbi 2 zivugwa zigerageza kubihakana. Yaje kugera ku mwanzuro w’uko niba izuka rya Yesu ari ukuri, bivuze ko Yesu ari Imana.
Uru rugendo rwe yarwanditse mu gitabo cye gishya cyitwa “The God Conundrum”, kivuga ku mezi 11 yamaze mu bushakashatsi bwimbitse ku kubaho kw’Imana n’ukuri k’ubukristo.
Nubwo yari amaze kwemera mu bwenge bwe ko Imana ibaho, Harper yavuze ko hari ikintu cyari kigikenewe—kumva mu mutima no mu buzima bwe bwose ko ibyo yemeye ari ukuri.
Yatangiye kumva amarangamutima akomeye atari asobanukiwe—ibyishimo bikomeye cyangwa agahinda kadasanzwe. Icyo gihe yatangiye kubona ko agenda aba umukristo buhoro buhoro, nubwo ibyo byamuteye ubwoba, atekereza uko bagenzi be ku kazi bazabifata.
Icyahinduye byose ni igihe yibukaga videwo y’umuhanga mu gusobanura ukwizera, John Lennox, wavugaga ku munyeshuri wigeze kugira agahinda gakabije ariko akabona impinduka binyuze kuri Kristo. Ibyo byamwibukije umukobwa we.
Harper yavuze ko yahise abona ko nubwo yari amaze kwegeranya ibimenyetso byinshi bya siyansi n’amateka, ikimenyetso gikomeye kurusha ibindi ari impinduka yabonye mu buzima bw’umukobwa we.
Yagize ati: “Icyo gihe nahise menya ko ari Yesu Kristo wakijije ubuzima bw’umukobwa wanjye.” Yahise apfukama, yemera Yesu burundu.
Umugore we, wari usanzwe yivuga nk’umukristo ariko atari wegera cyane Imana, na we yarushijeho kwegera Imana nyuma y’uko umugabo we ahindutse.
Gusa si abantu bose bamwakiriye neza. Bamwe mu bo bakorana banze kuganira na we kuri iyo ngingo, abandi bamushinje gukabya mu kuvuga Bibiliya. Hari n’abamugiriye inama yo kugabanya kuvuga ku bukristo mu biganiro bya televiziyo.
Ariko Harper yavuze ko aho gusubira mu buzima bwo kutamenya Imana, yahitamo kwihanganira ibyo byose.
Yavuze ko mbere y’uko ahinduka, yakundaga kwigira umuntu wifitiye icyizere ku kazi, ariko imbere mu mutima atishimye. Ubu avuga ko ukwizera kwe kwahinduye ubuzima bwe.
Yagize ati: Ubu iyo areba ibidukikije, abona igishushanyo cyateguwe, atari impanuka.
Ntacyamukanga ku bijyanye n’urupfu, kuko yemera ubuzima bw’iteka.
Ati: “Si uko nshaka gupfa, nshaka kubaho igihe kirekire gishoboka. Ariko sinatinya umunsi tuzahura na wo twese, kuko nemera ko uwo munsi uzaba mwiza.”
Harper yifuza ko abakristo bazasoma igitabo cye bazarushaho gusobanukirwa ubuzima bwa Yesu n’ishingiro ry’ukwizera kwabo. Ariko cyane cyane, yatekereje ku bantu nka we—abari mu rujijo, bafite ibibazo ku buzima, bashakisha igisobanuro n’intego y’ubuzima.
Yavuze ko igisubizo kiri hafi cyane, kandi ko rimwe na rimwe gihagarara imbere yacu ariko tukacyirengagiza.
Ku bwe, igihamya gikomeye cy’ukuri k’ubukristo si amagambo cyangwa ibitekerezo gusa, ahubwo ni impinduka ibaho mu mutima w’umuntu.
Umunyamakuru wa BBC yabonye Yesu nyuma y’ihungabana ry’umukobwa we mu buzima bwo mu mutwe