× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Umuryango wa Gikristu "The Bucket Ministry" ukomeje kwegereza amazi meza abaturage

Category: Health  »  July 2023 »  KEFA Jacques

Umuryango wa Gikristu "The Bucket Ministry" ukomeje kwegereza amazi meza abaturage

Umuryango utegamiye kuri leta kandi wa gikristu witwa "The Bucket Ministry" wihaye intego yo gufasha abaturage kubona amazi meza. Abari gufashwa ni abaturiye umugezi wa Athi muri Kenya, aho bateganya kubakorera amakusanyiriza atandukanye azajya abafasha kubona amazi meza.

Ibi bitandukanye n’uko byahoze kuko aba baturage baturiye uyu mugozi bo mu duce twa Bondeni Jua kali, Kanani, Slaughter na Sophia, utu duce twizwiho kugira ubucucike buri hejuru.

Nk’uko Anugrah Kumar uhagarariye uyu muryango abitangaza, yagize "Mirongo ine kwijana y’aya mazi bano baturage baturiye uyu mugezi bakoresha n’amazi mabi, yuzuye indwara byibuze dukeneye gukomeza kugira icyo tubikoraho, byibuze akaba ari igisubiza kizageza mu myaka 20 iri imbere abaturage babona amazi asukuye".

Uyu muryango w’abanyamerika witwa "The Bucket Ministry si ubwa mbere ukoze ibikorwa nk’ibi byo gutanga amazi meza kandi bikagirira abafatanya bikorwa akamaro.

Urugero ni agace kiitwa kibera muri Kenya n’ubundi, akagace kakaba kazwi nk’agace gafite ubucucike buri ku rwego rwo hejuru cyane ku rwego rwa Afrika muri rusange. Nkuko bivugwa ku bijyanye n’indwara z’impiswi zagabanutse kuva kuri 52 % kugeza kuri 2%, bikaba byaratanze umusaruro ufatika mu minsi 70 gusa.

Kuva mu mwaka wa 12 uyu muryango witwa "The Bucket Ministry" wakoreye ibikorwa byawo mu bihugu bigera kuri 20, aho icyo baba bagamije ari ugufasha abantu kugira amazi meza kandi bakabigisha n’ijambo ry’Imana.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.