Baby Grok: Impungenge ku mutekano w’abana nyuma y’amateka ya X mu by’urukozasoni
Nyuma y’uko Elon Musk atangaje ko agiye gushyira hanze porogaramu nshya ya Baby Grok, igenewe abana, abantu benshi bagaragaje impungenge, cyane cyane umuryango NCOSE (National Center on Sexual Exploitation), ushinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Uyu muryango watangaje ko X – urubuga rwa Elon Musk rwahoze ari Twitter – rutagaragaza ubushake bwo kurinda umutekano w’abana, kuko rugikoresha porogaramu zishobora gukwirakwiza amashusho asohoka y’urukozasoni, harimo n’iyitwa Ani, AI igaragazwa nk’umukobwa w’imyaka mike wambara imyenda idahwitse kandi wifashishwa mu buryo butarimo ubwirinzi bugendeye ku myaka.
Haley McNamara, umwe mu bayobozi ba NCOSE, yavuze ko nta bimenyetso bihari by’uko X yigeze ikumira abana ku bijyanye no kubona poronogarafiya, asaba ko habaho gukuraho AI zigira amashusho asohoka bidakwiye, ndetse X igasubiramo politiki yayo ku bijyanye n’ibyo bisohoka.
Nubwo hari uburyo bwa Kids Mode bushyirwaho ngo burinde abana, bamwe mu bayikoresha bavuze ko abana bashobora kugera kuri izo porogaramu zishobora kubangiza.
Ubutumwa ku Bakristo bafite inshingano zo kurinda abana
Mu gihe isi igenda ishyira imbere ikoranabuhanga ryihuta, rikagera no ku bana bato, Abakristo barasabwa kugira ubushishozi. Bibiliya ibasaba gushyira abana mu nzira bakwiriye kunyuramo, kuko ngo n’aho bazakura ntibazayivamo. (Imigani 22:6)
Ababyeyi bafite inshingano yo kurinda imitima y’abana babo, bagasuzuma ibyo bareba n’ibyo bumva. Ntibakwiriye kwizera ko porogaramu nk’iyi ya Baby Grok cyangwa izindi nka yo zigenga uburere bw’umwana, ahubwo hakenewe amasengesho, kuganira n’abana ku by’Imana, no gukoresha ubushishozi mu byo babona kuri murandasi.
Isura y’urubuga rwa Grok Chatbot (basic interface), yerekana uko uburyo bwo kubaza no kubona ibisubizo bumeze.