× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Uko Neymar yahawe Miliyoni 700 Frw ngo yihakane Yesu akayanga!

Category: Sports  »  4 weeks ago »  Jean D’Amour Habiyakare (Amourkare)

Uko Neymar yahawe Miliyoni 700 Frw ngo yihakane Yesu akayanga!

Mu 2016, ubwo Brazil yari imaze gutwara umudali wa zahabu mu mikino Olempike yabereye i Rio de Janeiro, Neymar yahawe miriyoni 700 Frw ngo yihakane Yesu arayanga.

Icyo gihe, ubwo bari mu birori bwo guhabwa umudali wa zahabu mu mikino Olempike yabereye i Rio de Janeiro, amafoto yateye imbamutima benshi ku isi ni ayo rutahizamu Neymar Jr. yagaragayemo yambaye bandana nziza yanditseho amagambo “100% JESUS.”

Icyo gihe, umunezero w’Abanyabrazil wongeye gufata indi ntera, ariko nanone isi yose yatunguwe no kubona umukinnyi ukomeye ku rwego rw’isi atazuyaza mu kugaragaza kwizera kwe mu ruhame.

Nyuma gato y’aho, byatangajwe ko abayobozi b’imikino ya Olempike bamusabye kwirinda kongera kwambara ubutumwa bw’iyobokamana mu mikino ikurikira, ndetse hari inkuru zavugaga ko bari biteguye kumuhemba akayabo ka $500,000, asaga miriyoni 700 mu mafaranga y’u Rwanda, kugira ngo yicecereke ku bijyanye n’ukwizera kwe. Ariko Neymar yaranze.

Uyu mukinnyi w’icyamamare ntiyigeze akangwa n’amafaranga cyangwa igitutu cy’isi. Ahubwo, mu magambo ye bwite yaravuze ati: “Nkinira Yesu. Ni We wampaye impano yo gukina ruhago, kandi nzamuhesha icyubahiro iteka ryose.”

Kuri we, amafaranga ntiyigeze angana n’agaciro ko guhagarara mu kuri yizera. Uburyo yitwaye bwagaragaje ko hari ibintu bitagerwaho ngo ni uko umuntu afite ibyo wakwita akayabo, cyane cyane iyo umuntu amaze kumenya Umukiza we mu buryo bwimbitse.

Mu gihe abandi bashobora guhinduka cyangwa guceceka kubera amahirwe n’inyungu ziboneka ako kanya, Neymar we yahisemo kwamamaza Yesu mu ruhame.

Ubutwari bwe bwashimangiwe n’abafana hirya no hino ku isi, benshi bamushimira kuba icyitegererezo ku rubyiruko rw’abakinnyi bifuza gukina bafite indangagaciro zihamye. Ni urugero rukomeye rwerekana ko kwizera kudapimirwa ku mafaranga, ahubwo ko gupimirwa mu mutima w’umuntu wiyemeje kutaryamira ukuri kwe.

Aho Neymar yicaye uyu munsi, nubwo ahura n’ibigeragezo byinshi by’umwuga n’iby’ubuzima, akomeza kugaragaza ko Yesu ari we mbaraga ze, kandi ko icyubahiro cy’Imana ari cyo kimuha imbaraga kurusha ibindi byose.

Ni yo mpamvu iyi nkuru ikomeza gusakara ku mbuga nkoranyambaga nubwo bimaze iminsi bibaye, ni ukuvuga kumenya ko hari abantu b’icyamamare batemera gushukwa n’ifaranga, ahubwo bagahitamo Yesu n’umutima wabo wose.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.